19 June 2013
RSS Facebook Twitter Linkedin Digg Yahoo Delicious
HOT NEWS

Long&Lasting, ni amavuta meza abereye umusatsi wawe!

Articles

Umuvumo wakarande ku banyarwanda uturukahe? Apotre David Uwihaye arabiva imuzi

 

 

 

Ese ubundi umuvumo ni iki? umuvumo ni urugendo ubuzima bukora bugenda mungorane ,iteka nyirabwo agahora yibaza impamvu ibyahura nabyo bimugeraho  cyangwa bimubaho, kuko benshi baba batazi impamvu bariguca mir’ibyo babona. Ibi ni ibisobanurwa na Apotre David Uwihaye uyobora Deliverance and Healing Ministry Ark of Peace mu kiganiro yagiranye na Isange.com, uyu mukozi w'Imana akaba asengera mu Itorero Inkuge y'Amahoro akaba kur'ubu ari mu Burundi mu gikorwa cyo gutangizayo iryo torero ry'Inkuge y'Amahoro(Arc of Peace)


Apotre David Uwihaye akomeza avugako Umuvumo uturuka mu kutumvira cyangwa kutuzuza amasezerano wagiranye n’umuntu runaka.Wakibaza  uti Ese mu Rwanda umuvumo twawukuye kuki? Abanyarwanda bari bafite Imana yirirwaga ahandi igataha mu Rwanda mu mugoroba  Niyo yabarindaga bakabona bukeye badapfuye,

Iyo urebye mbere ntabigirwamana abanyarwanda bagiraga ariko ku ngoma y’Umwami wa kabiri Ruganzu Ndori ubwo yateraga mu Rukiga  rwa K abare ni mu gihugu cy’abaturanyi Uganda,niho yahuye n’imandwa yitwaga Ryangombe mwene Nyundo aramwakira abanyarwanda batangira kubarwa,  kiba kibaye ikigirwamana cyambere abanyarwanda babonye bose barayoboka riba idini gakondo ariko ntibimura ya mana yirirwa ahandi igataha iRwanda n’uko batangira kwimika Ryangombe gutyo.


Dore zimwe mu mandwa Abanyarwanda bayobotse n’icyo zari zihagarariye . Kugeza n’ubu  hari abakristo usanga  bakizwa kuko batarabohoka bagakomeza kugendana ibyo bigirwamana magingo aya.Ntabatindiye reka mbagezeho amazina y’izo mandwa:

1.Twavuga Binego byakajumba: wari uhagarariye ubwibone
2.Mugasa wa Rwayibebe : Wari uhagarariye ubusambanyi (uzasanga uwakijijwe ubusambanyi butamuvaho abubangikanya n’ubukirisitu) ugasanga Pastori atunze abagore barenga umwe.
3.Rukarabankaba: Uyu  yari ahahagarariye ubwicanyi aho wasangaga kwica batabitinya na n’ubu byakomeje kuyogoza u Rwanda .


4.Rutukuzambuga:  yari ahagarariye ubusambo,  indanini , ugasanga umugabo arya wenyine cyangwa akarya byinshi , akanywa birenze igipimo.


5.Kagoro: Uyu  yari ahagarariye ubushinzi n’ubugare ubu usanga umugore cyangwa umukobwa ukijijwe akivugango  Njyewe umwana w’umusinga ,umuzigaba,  niko twabaye. Mu by’ukuri akaba agishira isoni  ibi biterwa niiyi mandwa  Kagoro yamwokamye (ikimukurikirana)


6.Nkonjo nyabakonjo: Iyi mandwa  yari ihagarariye ubutindi , ubukene karemano  ukavuka mu muryango ukennye kuzageza kubisekuru birenga icumu.


Ku ngoma  y’Umwami Kigeri wa kane Rwabugiri nawe yakiriye umucwezikazi witwaga  Nyabingi bakunze kwita Nyabyinshi  amukuye mu Nkore naho ni mugihugu cya  Uganda . Abanyarwanda baramuterekera babigeretse mu kubandwa  Ryangombe twavuze haruguru  doreko  Ryangombe bamubandwaga naho Nyabingi bakamuterekera n’ubundi buri muryango w’abanyarwanda uramuyoboka nawe.


Abanyarwanda mu kubandwa bagiranaga amasazerano n’ibyo bigirwamana bakayagirana bamennye amaraso y’ibisimba ,amatungo, cyangwa ay’ abantu . Aha dukwiye kwibukako  ubusanzwe isezerano rikomezwa n’amaraso  bivuzeko byabaga ari ikintu gikomeye cyane. Nakera abanyarwanda iyo banywanaga bakoreshaga  amaraso bagakeba kunda bakanywa amaraso.

Ayo masezerano, abanyarwanda bagiranye nibigirwamana aradukurikirana na n’ubu mu miryango yacu ,usomye Amaganya ya Yeremiya :5;7 haravuga ngo “Badata bakoze ibyaha ariko ntibakiriho none twikoreye ibicumuro byabo” ikindi gitangaje n’uko buri muryango wagiraga ikirango cyawo n’uyumunsi biracyariho nk’uko buri gihugu kigira ibendera,  kandi bikozwe kuburyo buri kirango cyaburi muryango ari igikoko.


Urugero : ABEGA bahagarariwe n’igikeri, ABAGESERA bahagarariwe n’Inyamanza ,ABANYIGINYA bahagarariwe n’Umusambi, ABAZIGABA  bahagarariwe n’INGWE, ABASINGA bahagarariwe na Sakabaka, ABASINDI bahagarariwe n’Igikona n’andi moko n’ibyayo. Buri gikoko gifite icyo gisobanuye tuzabibagezaho ubutaha.


Kubw’ibyo rero basogokuru bacu basize bimitse ibyo  bigirwamana ,byababaje ya mana bavugaga batazi yirirwaga ahandi igataha I Rwanda bituma ihana abanyarwanda ibateza inzara nka Ruzagayura ,Rumanura,Rwakayihura ,Kaguri,n’izindi . Ntibyaciraho hatera indwara  yitwaga iragara  yicaga inka,haza inzige,abanyarwanda baricana byindenga kamere mu w’ 1994,ikindi abanyarwanda barazerera bajya kuba abacakara kw’isi yose.


ITSINZI ni iyihe ku gihugu n’abanyarwanda? N’ubwo bimeze bityo bishobora guhinduka ndetse bikarangira twakwifashisha icyanditswe mu rwandiko Paulo yandikiye Abagalatiya  3;16 ko Kristo yaducunguye umuvumo w’amategeko ahindutse ikivume ku bwacu  kuko handitswe ngo Havumwe umuntu wese umanitswe kugiti icyatuma birangira ku buzima bwawe n’igihugu ni uko  ubimenya warangiza ukarwana intambara yo kubisohokamo ,intambwe ya mbere ni ukwakira yesu nk’Umukiza w’ubuzima bwawe tukavanaho imana zo kutununga abanyarwanda babandiweho(kubandwa) bakanaterekereraho  aho twavuga nko ku mana y’irarire I Gitarama aho abagore bajyaga gushakira urubyaro , mu Rugezi aho bajyaga kuroha abakobwa batwaye ibinyendaro, mu miko y’abakobwa ni muri Ngororero magingo aya, mu Rwanda rwa Gasabo aho bita ku mana ya Gasabo n’ahandi henshi.

Dukwiye kuvanaho imana zo kutununga  tukabona kugangahura igihugu cyacu cyaranzwe n’amateka mabi.

Kubundi busobanuro burenze Hamagara iyi Telephone ya Apotre David Uwihaye ariyo   0783157482 , cyangwase umwandikire kuri  Email: This email address is being protected from spambots. You need JavaScript enabled to view it.


By Rugamba Erneste.

 

 

 

Leave your comments

0
  • No comments found

Iyandikishe hano ujye ubona amakuru agezweho muri Email yawe buri cyumweru!

Amamariza hano ku giciro gito...

Ukeneye Sauna Massage? Hamagara 250786381222.

Amamaza ku giciro gito...

Amamariza hano ku giciro gito!

Copyright © 2013 ISACO. All rights reserved.Designed by Isange Corporation

Simba Supermarket

  • Simba1
  • Simba2
  • Simba3
  • Simba4
  • Simba5
  • Simba6
  • Simba7
  • Simba8
  • Simba9
  • Simba10
  • Simba11
  • Simba12
  • Simba13
  • Simba14
  • Simba15
  • Simba17
  • Simba18
  • Simba18
  • Simba19
  • Simba20
  • Simba21